Sunday, October 5, 2025
spot_imgspot_imgspot_imgspot_img
HomeMU MAHANGATrump yibukije Zelensky ko nta mahatimo afite uretse kumvikana na Putin

Trump yibukije Zelensky ko nta mahatimo afite uretse kumvikana na Putin

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yibukije mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky ko nta yandi mahitamo afite, uretse kumvikana na Vladmir Putin, ku buryo bwo kurangiza intambara.

 

Ni ingingo Trump yagarutseho ku wa 16 Nzeri 2025, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mbere yo gufata urugendo yerekeza mu Bwongereza.

Ati “Zelensky agomba kumvikana.”

Putin amaze igihe atangaza ko yiteguye kuganira na Zelensky ariko agashimangira ko inama izabahuza igomba kubera i Moscow, ibintu uyu mugenzi we wa Ukraine adakozwa, kuko ashimangira ko hari ahandi henshi yabera.

Donald Trump aherutse gutangaza ko yaje gusanga ko bikenewe ko ashyiramo imbaraga kugira ngo Zelensky na Putin bazemere guhura.

Bimwe mu byo u Burusiya busaba kugira ngo intambara ihagarare harimo kuba Ukraine izahagarika icyemezo cyo kujya muri NATO n’indi muryango ya gisirikare, ndetse ikemera guhara ibice byayo birimo na Crimea u Burusiya bwiyometseho mu 2014.

RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -spot_imgspot_img

Most Popular

Recent Comments