Friday, February 6, 2026
spot_imgspot_imgspot_imgspot_img
HomePOLITIKEDenis sassou-Nguesso kumyaka 82 aracyafite inyota yo kuyobora Congo brazaville

Denis sassou-Nguesso kumyaka 82 aracyafite inyota yo kuyobora Congo brazaville

Perezida wa Congo-Brazaville ubwo yari mu gikorwa cyo gufungura imurikagurisha ry’abahinzi yatangaje ko aziyamamaza mu matora yo mu kwezi gutaha.

Denis Sassou-Nguesso w’imyaka 82, mu gushimagiza ibikorwa by’abahinzi muri iki gihugu yagize ati:

“Iyi ni yo mpamvu nzaherekeza uyu mujyo kuko ugiye gukomera. Ngiye guherekeza uyu mujyo kandi ngiye kuvuga ntaciye ku ruhande ko nzatanga kandidatire” mu matora, itariki ntarengwa yo kuyitanga ni 12 z’uku kwezi.

Mu Ukuboza (12) gushize ishyaka rye PCT ryamutanzeho umukandida mu matora ateganyijwe, ariko we yari ataremeza niba azatanga kandidatire ye.

Sassou-Nguesso amaze imyaka yose hamwe igera kuri 42 ategeka Congo, igihugu kizwiho ko gikungahaye ku bitoro, amashyamba y’inzitane, uruzi Congo, n’amateka maremare n’Ubufaransa.

Sassou-Nguesso yategetse iki igihugu ku gihe cy’ishyaka rimwe rukumbi – kuva mu 1979 kugeza mu 1992, mbere yo gutsindwa mu matora na Pascal Lissouba.

Yagarutse ku butegetsi mu 1997 biturutse ku ntambara y’imbere mu gihugu, atorwa nka perezida mu 2002, yongera gutorwa mu 2009.

Mu 2015 yahinduye Itegekonshinga akuraho manda ntarengwa z’umukuru w’igihugu.

Mu bakuru b’ibihugu bamaze imyaka myinshi ku butegetsi muri Afurika Sassou-Nguesso aza ku mwanya wa gatatu inyuma ya Teodoro Obiang Nguema umaze 46, na Paul Biya umaze 43.

RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -spot_imgspot_img

Most Popular

Recent Comments