Sunday, October 5, 2025
spot_imgspot_imgspot_imgspot_img
HomeAMAKURUPerezida Kagame yakiriye intumwa za Qatar Leadership Centre, asangiza urugendo rw’u Rwanda...

Perezida Kagame yakiriye intumwa za Qatar Leadership Centre, asangiza urugendo rw’u Rwanda rwo kwiyubaka nyuma ya Jenoside

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa za Qatar Leadership Centre mu biro bye i Kigali, bagirana ibiganiro byibanze ku rugendo rw’u Rwanda rwo kwiyubaka no gutera imbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu kiganiro yagiranye n’abo bayobozi, Perezida Kagame yasobanuye uko igihugu cyabashije kuva mu bihe by’umwijima bya Jenoside, kikiyubaka ku nshingiro z’ubumwe bw’Abanyarwanda, imiyoborere myiza n’iterambere rishingiye ku kwigira.

Yagarutse ku ntego igihugu cyihaye zo guha agaciro abantu bose, kwimakaza umutekano, guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage, ndetse no kubaka inzego z’imiyoborere zikora neza kandi zizewe.

Perezida Kagame yashimangiye ko urugendo rw’u Rwanda rwerekana ko n’igihugu cyangiritse cyane gishobora kongera kubaho gikomeye igihe gifite abayobozi b’inararibonye, icyerekezo gisobanutse n’ubufatanye bw’abaturage.

Intumwa za Qatar Leadership Centre zagaragaje ko zishimye amasomo zikuyemo ku rugendo rw’u Rwanda, zivuga ko ruzabafasha mu gushimangira ubushobozi bw’abayobozi babo no guteza imbere inzego z’imiyoborere mu gihugu cyabo.

Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda ruzakomeza gusangira ubunararibonye n’ibindi bihugu, hagamijwe iterambere rusange rishingiye ku guhana ubumenyi n’ubufatanye.

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa ziturutse muri Leadership Centre y’Igihugu cya Qatar mu Ngoro y’Ubukuru i Urugwiro ku wa Gatanu, tariki ya 29 Kanama.

RELATED ARTICLES

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

- Advertisment -spot_imgspot_img

Most Popular

Recent Comments