President Putin ibyo yavuze kubyo ya ganiriye na Dornald Trump
Inama zacu zagizwe mu buryo bwubaka, bwuzuye icyubahiro ku mpande zombi. Twagiranye ibiganiro byimbitse kandi by’ingirakamaro cyane. Ndashaka kongera gushimira mugenzi wanjye w’umunyamerika ku gitekerezo cyo gutumira hano muri Alaska. Birumvikana ko guhura hano bifite ishingiro kuko nubwo ibihugu byacu bitandukanijwe n’inyanja, turi abaturanyi hafi.
Ubwo twahuraga, ngeze ku kibuga cy’indege, navuze nti: “Mwiriwe neza, muturanyi dukundwa, biranshimishije kubabona muri muzima no kubabona mukiriho.” Nibyo koko, ibyo ni amagambo y’ubuturutanyi. Duteranywa n’inyanja ya Bering, ariko hagati hari ibirwa bibiri gusa, kimwe cy’Uburusiya n’ikindi cy’Amerika, kandi bibatanya ibirometero bine gusa. Turi abaturanyi hafi, kandi ni ukuri.
Ikindi kandi, Alaska ifite aho ihuriye n’umurage wacu rusange, amateka yacu hagati y’Uburusiya n’Amerika, ndetse n’ibintu byinshi byiza bijyanye n’iyo ntara. Haracyari umurage ukomeye wasigaye kuva ku gihe cyitwaga Russian America. Urugero, hari amatorero ya gikirisitu Gatolika y’Abarusiya (Orthodox) ndetse n’amazina arenga 700 y’ahantu aturuka mu rurimi rw’ikirusiya.
Mu ntambara ya kabiri y’isi yose, hano muri Alaska ni ho havuye umuhora w’indege wamamaye, wagenewe kugeza indege za gisirikare n’ibindi bikoresho binyujijwe muri gahunda ya Lend-Lease. Yari inzira y’ubutwari ariko irimo ingorane nyinshi z’ibyago n’ubutayu bw’urubura. Nyamara, abapilote b’ibihugu byombi bakoze ibishoboka byose kugira ngo bagere ku ntsinzi. Bashyize ubuzima bwabo mu kaga, bahara byose ku ntsinzi rusange.

Ndashaka kubabwira ko twagize inama ifite umusaruro ukomeye. Twaganiriye ku ngingo nyinshi, kandi nyinshi muri zo twazumvikanyeho. Hari bike bikomeye tugikoreraho, ariko twabonye intambwe ikomeye. Nk’uko mubizi, nta masezerano aba yuzuye kugeza igihe impande zombi ziyemeje byuzuye.
Mu masaha ari imbere, nzaganira n’abafatanyabikorwa bacu ba NATO, nzanahamagara Perezida Zelensky kugira ngo mubwire ibyavuye muri iyi nama. Kuri bo ni ingenzi cyane kugira uruhare muri iki cyemezo. Uyu munsi kandi, twari kumwe n’abayobozi batandukanye bakomeye n’abahagarariye ubucuruzi, kandi ibyo birerekana ubushake bwo gukorana mu nyungu z’ibihugu byacu.
Ndashaka gushimira by’umwihariko Perezida Putin n’ikipe ye yose. Twagiye tugirana ibiganiro bikomeye mu bihe bitandukanye, rimwe bikaba bitoroshye, ubundi bikaba byiza cyane. Ariko uyu munsi ndashaka kubivuga mu buryo bweruye: iyi nama ni imwe mu zagize umusaruro kurusha izindi twigeze kugira.
Kuri twe, intego nyamukuru ni uguhagarika amaraso akomeje kumeneka buri cyumweru, abantu ibihumbi n’ibihumbi bari ku ruhande rw’intambara. Perezida Putin afite ubushake nk’ubwanjye bwo kugera kuri iyo ntego.
Bavandimwe, ndashaka gusozanya ikizere. Twabonye intambwe nini, kandi dufite amahirwe menshi yo kugera ku mahoro arambye muri Ukraine. Nizeye ko ubufatanye bwacu bushya buzafasha ibihugu byacu kongera kwiyubaka mu bwizerane, ubucuruzi n’iterambere.
Murakoze cyane, Bwana Perezida, ku bwo gushyira imbere ibiganiro no kwerekana ubushake bwo kubaka amahoro. Turifuza kongera guhura mu bihe biri imbere, kandi twizeye ko intambwe duteye uyu munsi izahindura amateka mu buryo bwiza.